Umutekano w’amagereza n’inkambi ziri mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Siriya zibitsemo imfungwa z’umutwe wa Islamic State (ISIS) n’imiryango yabo wagiye mu kaga ku wa Kabiri, nyuma y’uko leta ya Siriya itangaje ko abafunzwe barenga 200 batorotse muri gereza

kandi umutwe w’ingabo ziyobowe n’Abakurdi ( Kurdish )warindaga indi nkambi uvuga ko ingabo zawo zasubiye inyuma bitewe no kuraswaho.

Izi gereza n’inkambi zimaze igihe zicungwa n’ingabo ziyobowe n’Abakurdi (SDF – Syrian Democratic Forces), zifatanyije na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuva ubwo “caliphate” ubwami bwiyitiriwe idini rya Islamic state yatsinzwe mu 2019. Aho hantu hafungiwemo ibihumbi by’abantu: abarwanyi ba ISIS bafashwe mpiri, abakekwaho kuba abarwanashyaka, abagore babo n’abana babo.Ariko umutekano wakomeje kuba ikibazo cyane kubera imirwano mishya iri hagati y’ingabo za Siriya zishyigikiwe na Turikiya n’ingabo ziyobowe n’Abakurdi (SDF), na zo zifatwa nk’inshuti za Amerika mu rugamba rwo kurwanya ISIS. Ibi byatumye haba impungenge zikomeye ko abafunzwe benshi bashobora kongera gutoroka, bigaha ISIS amahirwe yo kongera kwisuganya no gutegura ibitero bishya.

Leta ya Siriya yatangaje ko mu mujyi wa Hasakah, abafunzwe barenga 200 batorotse muri gereza imwe nyuma y’imvururu n’imirwano yabereye hafi aho. Abayobozi b’iyo leta bavuze ko hari igikorwa cy’itera bwoba (terror attack) cyabaye hafi y’iyo gereza, bigatuma habaho akajagari gafasha bamwe mu bafunzwe gutoroka.Ku rundi ruhande, ubuyobozi bw’inkambi ya al-Hol, imwe mu nkambi nini zibamo abagore n’abana b’abahoze muri ISIS, bwatangaje ko ingabo zari ziyirinze zasubiye inyuma by’agateganyo nyuma yo kuraswaho n’abarwanyi bitwaje intwaro bataramenyekana. Ibi byatumye umutekano w’iyo nkambi ugabanuka, bituma havuka impungenge ko hari abandi bashobora gutoroka.Abayobozi b’ingabo ziyobowe n’Abakurdi bavuze ko bafite ibikoresho n’abantu bake ugereranyije n’ubwinshi bw’abafunzwe bagomba gucunga.

Bavuze ko bamaze igihe basaba amahanga n’ibihugu byakomokamo abo bafunzwe kubafasha kubasubiza iwabo (repatriation), ariko ko ibisubizo bitaraba bihagije.Amerika, yafashije izi ngabo ziyobowe n’Abakurdi mu kurwanya ISIS, yatangaje ko ikomeje gukurikirana hafi iby’iki kibazo. Umwe mu bayobozi ba gisirikare ba Amerika yavuze ko umutekano w’izi gereza n’inkambi ari ikibazo gikomeye ku mutekano mpuzamahanga, kuko gutoroka kw’abantu benshi ba ISIS byashobora gutuma umutwe wongera kubaho mu buryo bukomeye.

Turikiya na yo ifata ingabo ziyobowe n’Abakurdi nk’abanzi bayo, kuko ivuga ko zifitanye isano n’umutwe w’aba-Kurdish urwanya leta ya Turikiya (PKK). Ibi bituma kenshi igaba ibitero kuri izo ngabo muri Siriya, ibintu byongera guhungabanya umutekano w’izo gereza n’inkambi.