Rutahizamu wa Liverpool Mohamed Salah utari mu bihe byiza ndetse umutoza wayo, Arne Slot, akaba atari kubiha agaciro, byongereye imbaraga amakipe yo muri Arabie Saoudite amwifuza. Harabura igihe kitageze ku kwezi kugira ngo isoko ry’abakinnyi ryo muri Mutarama 2026, rigere. Amakipe atandukanye yamaze kumenya neza aho azatera icyumvirizo ashaka abakinnyi bo kuzayafasha. Liverpool ifite Igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza giheruka, ntabwo yahiriwe n’intangiriro z’umwaka w’imikino wa 2025/26, ndetse na rutahizamu wayo Mohamed Salah akaba ntacyo ari kuyifasha gihambaye. Mu mikino ibiri iheruka, Arne Slot yafashe umwanzuro wo gutangira gushaka andi mahirwe, ahitamo kujya abanza hanze y’ikibuga uyu mukinnyi. Ikinyamakuru Mirror Football cyatangaje ko kubera umubano wajemo agatotsi hagati y’ikipe n’uyu mukinnyi, gifite amakuru ko amakipe yamwifuzaga yo muri Arabie Saoudite yatangiye kongera kumuganiriza. Ibiganiro bigenze neza ku mpande zose bireba, yasohoka muri Liverpool muri Mutarama 2026. Mu 2023, ni bwo Al Ittihad yo muri Arabie Saoudite yifuje Mohamed Salaha ishaka kumutangaho agera kuri 266$, ariko yanga kuva mu Bwongereza yongera amasezerano azarangira nyuma ya 2026/27. Nubwo atari kugaragara cyane mu mikino ya Liverpool, ni umwe mu bahanzwe amaso mu Gikombe cya Afurika cya 2025 giteganyijwe gutangira mu mpera z’Ukuboza, aho azaba ari kumwe n’Ikipe y’Igihugu ya Misiri. Ari kumwe na Liverpool yayifashije kwegukana ibikombe bibiri bya Shampiyona y’u Bwongereza, UEFA Champions League, akaba n’umukinnyi wa gatatu mu mateka wayitsindiye ibitego byinshi.